skol
fortebet

Burundi: Gen. Bunyoni bwambere yashinjwe gushaka kwica umukuru w’Igihugu

Yanditswe: Monday 16, Oct 2023

featured-image

Sponsored Ad

Gen Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe mu Burundi,ku byaha akurikiranyweho hiyongereyeho gushaka kwica Umukuru w’Igihugu mu Burundi.

Sponsored Ad

Icyi cyaha cyongerewe ku rutonde rw’ibindi byaha Gen. Bunyoni yakurikiranwagaho byatumye ubu ari muri gereza. aho ategereje ku burana mu mizi nk’uko SOS Media Burundi yabyanditse.

Icyaha gishya cyo gushaka kwica Perezida mu Burundi, cyavuzwe bwambere n’Umushinjacyaha Mukuru wari umaze kubazwa impamvu Bunyoni yakomeza gufungwa by’agateganyo.

uyu yasabye inteko iburanisha ko yakwima amatwi ibyo Bunyoni asaba byarimo ko yarekurwa akaburana ari hanze kuko ngo Diyabeti ye yatangiye kumurenga.

Ati"Ibyaha Bunyoni ashinjwa birakomeye kuko bishobora no guhanishwa imyaka 20 y’igifungo.kubw’izo mpamvu rero ngo akwiye kuguma muri gereza ategereje kuburana mu mizi.

Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kumva Gen Bunyoni aho afungiye muri gereza ya Gitega, nk’uko n’izindi manza zo kuri uru rwego mu Burundi ziburanishwa.

Gen Bunyoni ashinjwa ibyaha byo guhungabanya umutekano w’igihugu, guhungabanya ubutunzi bw’igihugu, ashinjwa kandi inyungu z’akazi zidaciye mu mategeko

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa