skol
fortebet

Abagabo batatu bitendetse ku bwato bava Nigeria berekeza muri Espagne

Yanditswe: Wednesday 30, Nov 2022

featured-image

Sponsored Ad

Abagabo batatu babasanze bitendetse k’ubwato bwikoreye ibitoro nyuma y’uko bukoze urugendo rw’iminsi 11 buva muri Nigeria bukagera ku mu birwa bya Canary muri Espagne.
Ifoto yatangajwe n’abashinzwe umutekano ku cyambu yerekana aba bagabo bicaye ku gace gato k’imbere k’ubu bwato, ibirenge byabo biri hejuru gato y’amazi.
Bahise bajyanwa mu bitaro aho bavuwe umwuma udakabije.
Ubwo bwato bwari buvuye i Lagos bwerekeza i Las Palmas kuri biriya birwa bya Espagne byegereye Maroc.
Umubare w’abimukira (...)

Sponsored Ad

Abagabo batatu babasanze bitendetse k’ubwato bwikoreye ibitoro nyuma y’uko bukoze urugendo rw’iminsi 11 buva muri Nigeria bukagera ku mu birwa bya Canary muri Espagne.

Ifoto yatangajwe n’abashinzwe umutekano ku cyambu yerekana aba bagabo bicaye ku gace gato k’imbere k’ubu bwato, ibirenge byabo biri hejuru gato y’amazi.

Bahise bajyanwa mu bitaro aho bavuwe umwuma udakabije.

Ubwo bwato bwari buvuye i Lagos bwerekeza i Las Palmas kuri biriya birwa bya Espagne byegereye Maroc.

Umubare w’abimukira bagenda n’amato bava muri Africa y’iburengerazuba bajya ku birwa bya Canary bya Espagne wariyongereye cyane mu myaka ya vuba.

Izo ngendo ziba ari ndende kandi zirimo ibyago byinshi. Mu 2021 ishami rya ONU rishinzwe iby’iyimuka ry’abantu, IOM, ryabaruye abantu 1,126 bapfiriye muri iyo nzira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa