skol
fortebet

Kenya:Perezida Ruto yategetse igihano gikomeye ku mu Pasiteri washutse abayoboke be bagapfa ku bwinshi

Yanditswe: Monday 24, Apr 2023

featured-image

Sponsored Ad

Perezida wa Kenya, William Ruto, yaciriye urwa Pilato umuvugabutumwa ukomeye muri iki gihugu, Pasiteri Paul Mackenzie Nthenge, wasabye abayoboke b’itorero rye kutarya kugira ngo bahure na Yesu, bikabaviramo imfu.

Sponsored Ad

Polisi ya Kenya ikomeje gukora iperereza ku mfu z’aba bayoboke, aho imaze kubona imirambo 47 yashyinguwe mu ishyamba riri mu gace ka Shakahola, akarere ka Kilifi.

Nk’uko ikinyamakuru The Star kibivuga, Pasiteri Mackenzie uri muri kasho ya Polisi, yahakanye uruhare mu mfu z’aba bayoboke, asobanura ko urusengero rwe rutagikora kuva mu mwaka w’2019.

Perezida Ruto, kuri uyu wa 23 Mata ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amasomo kw’abofisiye bato mu gisirikare cya Kenya, yagaragaje ko yababajwe cyane n’ibiri kuva mu iperereza, asabira Pasiteri Mackenzie gukomeza gufungwa kuko ntaho atandukaniye n’abakora ibikorwa by’iterabwoba.

Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati: “Ibyo turi kubona muri Kilifi, Shakahola bisa n’iterabwoba. Nta tandukaniro riri hagati ya Bwana Mackenzie wigaragaza nka Pasiteri n’umyabyaha uteye ubwoba. Iterabwoba ryifashisha idini mu gukomeza ibikorwa bibi.”

Yakomeje ati: “Abantu nka Mackenzie bari gukoresha idini mu gukora ibintu nk’ibi. Reka mvuge ko, kugira ngo twirinde urujijo nk’urwa Mackenzie, abaterabwoba n’abanyabyaha ntibakwiye kugira idini, bakwiye gufungwa, ni ho bagomba kuba.”

Perezida Ruto yatangaje ko abanyamadini bazongera kwigisha ibihabanye n’itegekonshinga bazagezwa mu butabera, yongera ko insengero zitazakorera mu nyungu z’abaturage zigomba gufungwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa