Umutekano
Centrafrika: Abasirikare ba l’ONU bagabwe ho igitero gihitana 3 muri bo
Yanditswe: Wednesday 05, Oct 2022
Abasirikare batatu bo mu ishami rya l’ONU riri kubungabunga amahoro muri Centrafrika baraye bishwe n’igisasu batezwe mu muhanda.
Iki gisasu cyahitanye abagera kuri 3 abandi bane barakomereka bikomeye.
Byabaye ubwo imodoka barimo yaturitswaga n’igisasu bakandagiye giteze mu muhanda banyuragamo.
Umuvugizi wa l’ONU, Stephane Dujarric, yavuze ko abo basirikare bapfuye ari abakomoka muri Bangladesh, yongeraho ko uwakomeretseyajyanywe kuvurirwa mu bitaro byo mu mugi wa Bouar.
Yavuze ko kandi iryo turika ryabaye mu gihe ingabo za L’ONU zari mu gikorwa cyo kugarura no gucunga umutekano mu nkengero za Koui-Bohong, ku birometero bitanu uva mu nkambi yabo iherereye i Ouham-Pende.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *