Gen. Tshiwewe yasuye abasirikare baherutse kwinjizwa muri FARDC, hamurikwa n’impuzankano nshya
Yanditswe: Thursday 17, Aug 2023
Umugaba Mukuru w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) Maj. Gen. Tshiwewe Songesha, kuri uyu wa Gatatu yasuye urubyiruko rukabakaba 20,000 ruherutse kwinjizwa mu gisirikare ruri mu myitozo i Kamina, ndetse Umuvugizi wa FARDC amurikira itangazamakuru impuzankano nshya za gisirikare.
Urwo rubyiruko Gen. Tshiwewe yasuye rugera byibuze ku 12,000 ruri kwitoreza mu kigo cya gisirikare cya kitona, ndetse n’urundi rugera ku 7000 ruri kwitoreza Likasi ruzaba rubarizwa mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu n’inzego z’ubuyobozi.
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano muri iki gihugu nk’uko bigaragara kuri twitter, avuga ko n’abo basirikare bashya ubu Igisirikare cya FARDC gifite abasirikare bagera ku 165000.
Ku rundi ruhande, kuri uyu wa Gatatu kandi Umuvugizi w’Igisirikare, Gen. Sylvain Ekenge yamurikiye itangazamakuru impuzankano nshya y’abasirikare, ndetse aboneraho gutangaza ko état de siège yatumye ibibazo by’umutekano byari mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri bigabanuka n’ubwo benshi batemeranywa nawe.
#RDC 🇨🇩Montée en puissance des FARDC, plus 12000 jeunes récemment recrutés au sein de l'armée congolaise ont eu la visite du chef d'État Major Gen des FARDC, le Lt. Gen. #Tshiwewe à Kamina. Ils au moins 12000 sont à #Kitona et 7000 GR à #Likasi. D'après une source sécuritaire,… pic.twitter.com/i0HrAwWJ6W
— Justin KABUMBA (@kabumba_justin) August 16, 2023
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *