Jean-Pierre Bemba yijeje abanyekongo ubufasha bwa MONUSCO anasingiza SADC
Yanditswe: Wednesday 14, Feb 2024
Ku wa kabiri tariki ya 13 Gashyantare, Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ingabo, Jean-Pierre Bemba, yijeje abaturage babo uruhare rwa MONSUCO mu kurwanya “ingabo za M23”, nk’uko ibiro ntaramakuru bya Kongo (ACP) bibitangaza.
Jean-Pierre Bemba yaganirije abanyamakuru mu gitondo cyo ku wa kabiri mu mujyi wa Goma mu majyaruguru ya Kivu.
Ati: “Abaturage ntibagomba kugira impungenge. MONUSCO ikorana na FARDC. Nshobora guhamya ko MONUSCO iri ku ruhande rwacu kandi ko ikorana natwe.”
Yemeje kandi uruhare rwa SADC mu ntambara:
Ati: "Ndemeza ko ingabo za SADC zirwanira hafi ya FARDC. Barwanana natwe. Ingabo za SADC zirahagera buri munsi. ”
Hagati aho, Umuvugizi wungirije wa M23, Oscar Balinda, yabwiye Radio 10 ko habuze gato ngo abarwanyi babo bafatire mpiri Bemba mu mujyi wa Sake.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *