skol
fortebet

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano wa RDC yahuriyemo na Tshisekedi

Yanditswe: Saturday 17, Feb 2024

featured-image

Sponsored Ad

Perezida Paul Kagame na bagenzi be barimo Félix Antoine Tshisekedi, William Ruto, João Lourenço na Cyril Ramaphosa bahuriye muri Ethiopia mu nama yiga ku kibazo cy’umutekano muke kimaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Sponsored Ad

Ni inama yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki 16 Gashyantare mu 2024, i Addis Ababa. Aba Bakuru b’Ibihugu bahuriye muri Ethiopia, aho bitabiriye Inama ya 37 y’Inteko Rusange isanzwe y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Iyi nama yiga ku mutekano wa Congo ni into yo ku ruhande yateguwe n’Akanama k’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe gashinzwe amahoro n’umutekano.

Perezida wa Angola, João Lourenço, umaze igihe ari n’umuhuza mu kibazo cya Congo yavuze ko “Intego y’iyi nama ari ukurebera hamwe uburyo habaho guhagarika imirwano hagati y’Ingabo za RDC n’umutwe wa M23, ndetse hakarebwa uburyo habaho ibiganiro hagati ya Perezida Paul Kagame na mugenzi we, Tshisekedi, kuko ikibazo cy’umutekano muke kiri kurushaho gufata indi ntera.”

Iyi nama ibaye mu gihe umwuka mubi ugenda urushaho gufata intera hagati y’u Rwanda na RDC. Ni amakimbirane yakurwe no kuba iki gihugu gishinja u Rwanda gushyigikira abarwanyi ba M23, mu gihe rwo rubyamaganira kure.

Ibaye kandi mu gihe imirwano ihanganishije M23 n’Ingabo za RDC, iza Afurika y’Epfo n’iza Tanzania, zoherejwe binyuze mu muryango wa SADC, nayo irushaho gukomera.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa