skol
fortebet

Uganda: Ambasaderi w’u Rwanda yagize icyo avuga ku rupfu rw’umunyarwanda wahaguye

Yanditswe: Thursday 24, Aug 2023

featured-image

Sponsored Ad

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Col Joseph Rutabana, yatangaje ko kugeza ubu bakomeje gukurikirana icyihishe inyuma y’urupfu rw’umucuruzi w’Umunyarwanda, Fred Kayitare uherutse gupfira muri icyo gihugu.

Sponsored Ad

Amakuru avuga ko urupfu rwa Kayitare rwabaye mu mpera z’Icyumweru gishize ku wa Gatandatu ku mugoroba, aho bivugwa ko yaguye mu nyubako z’Urwego rw’Ubutasi muri Uganda [CMI], mu gace ka Mbuya.

Ambasaderi Col Rutabana yavuze ko bakomeje gukorana bya hafi n’inzego zishinzwe gukora iperereza kugira ngo hamenyekane icyihishe inyuma y’urupfu rwa Kayitare.

Mu kiganiro yagiranye na New Times yagize ati “Ndi mu nzira njya guhura n’ababyeyi be. Ntabwo natanga andi makuru aka kanya kubera ko iperereza rirakomeje.”

Iperereza kuri ubu riri gukorwa n’Igisirikare cya Uganda, UPDF. Gusa amakuru y’ibanze yatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Uganda, avuga ko Kayitare yaba yarasimbutse igorofa rya kabiri ry’inyubako ya CMI i Mbuya.

Urupfu rwa Kayitare rukomeje kuba urujijo kuko bivugwa kandi ko yafashwe n’abakozi ba CMI bafatanyije n’abashinzwe ibikorwa byo kurwanya iterabwoba babarizwa mu mutwe wa JATT (Joint Anti-Terrorism Task Force), bakajya kumufunga, gusa ibyo yari akurikiranyweho ntibirasobanuka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa