skol
fortebet

Uganda: Havutse agatsiko kari gutera abapolisi kakabambura imbunda

Yanditswe: Tuesday 08, Nov 2022

featured-image

Sponsored Ad

Polisi ya Uganda ivuga ko igitero giherutse kugabwa ku biro bya Polisi mu gace ka Busiika mu Karere ka Luweero ndetse kigahitana Abapolisi babiri, cyakozwe n’agatsiko kiyise ‘Coalition for Change’ kagamije kwigwizaho intwaro.
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ya Uganda, Maj Gen Geoffrey Tumusiime Katsigazi, yavuze ko uwitwa Ssemogerere ukekwaho kuba umuyobozi w’aka gatsiko yatawe muri yombi.
Yagize ati “Ikibazo cyo kugaba ibitero ku biro bya polisi bagatwara imbunda, gikorwa n’itsinda (...)

Sponsored Ad

Polisi ya Uganda ivuga ko igitero giherutse kugabwa ku biro bya Polisi mu gace ka Busiika mu Karere ka Luweero ndetse kigahitana Abapolisi babiri, cyakozwe n’agatsiko kiyise ‘Coalition for Change’ kagamije kwigwizaho intwaro.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ya Uganda, Maj Gen Geoffrey Tumusiime Katsigazi, yavuze ko uwitwa Ssemogerere ukekwaho kuba umuyobozi w’aka gatsiko yatawe muri yombi.

Yagize ati “Ikibazo cyo kugaba ibitero ku biro bya polisi bagatwara imbunda, gikorwa n’itsinda ry’abantu bibwira ko bahindura Guverinoma ku ngufu.”

Maj Gen Geoffrey Tumusiime Katsigazi yavuze ko intego y’aka gatsiko, ari ugukomeza kwambura imbunda Abapolisi ubundi kagakomeza kuzigwizaho kagamije gukomeza ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Ati “Rero ntabwo bikiri ubugizi bwa nabi bw’abantu bitwaza imihoro ngo bibe. Intego yabo ni ukwica no gutwara intwaro.”

Yavuze ko aka gatsiko kagaba igitero ku biro bya Polisi nyuma yo gucunga ko Abapolisi bagiye kuko nka kiriya cyaguyemo abapolisi babiri, cyabaye ahagana saa moya n’igice z’umugoroba.

Ati “Baza ari benshi. Ariko nko muri Busiika bari barindwi bafite imbunda ebyiri za AK-47 na masotera imwe nkuko byavuye mu iperereza ryacu ry’ibanze. Ubusanzwe Ibiro bya Polisi bya Busiika haba Abapolisi icumi, ariko ubwo bazaga hari Abapolisi batandatu.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa