skol
fortebet

Umupolisikazi yatonganye n’umugabo we birangira amurashe aramwica

Yanditswe: Monday 16, Oct 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umupolisikazi ukora mu biro by’ubuyobozi bwa polisi (APS) muri Kenya, yatawe muri yombi akekwaho kurasa no kwica umugabo we biturutse mu makimbirane yo mu rugo rwabo ruherereye mu nkengero z’umujyi wa Eldoret.

Sponsored Ad

Uyu mupolisikazi,umubyeyi w’abana batatu, yari ku kazi ku biro bishinzwe ubuziranenge bwa Kenya (KEBS) mbere yo gusubira mu rugo mu rukerera rwo ku cyumweru mu gitondo afite imbunda ye y’akazi.

Abatangabuhamya bavuze ko bumvise impaka zikomeye hagati y’aba bashakanye mbere y’uko amasasu avuga, bituma abaturanyi bahunga kubera umutekano wabo.

Uyu mupolisikazi ngo yarashe amasasu arenga 12 mu rugo rwabo, yica umugabo we.

Nyuma yo kurasa umugabo we, yahise ahunga gusa nyuma yaje kwitaba polisi ya Eldoret, ari naho yafatiwe.

Ibi byemejwe n’umuyobozi wa polisi mu Ntara ya Uasin Gishu, Benjamin Mwanthi, wavuze ko umurambo wa nyakwigendera wajyanwe mu buruhikiro bw’ibitaro bya Moi Teaching and Referral Hospital.

Mwanthi yagize ati: "Ubu uyu mupolisikazi ari mu maboko yacu, kandi turimo gukora iperereza kuri iki kibazo."

Abayobozi barimo gukora iperereza ku byabaye kugira ngo bamenye uko byagenze.

Ibitekerezo

  • NDUMIWE KBS NTIBIZOROHA

    NDUMIWE KBS

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa