Mu Rwanda
Perezida Paul Kagame,madamu we n’abandi bayobozi basaga 700 bitabiriye umuhango wo gusengera igihugu [AMAFOTO]
Yanditswe: Sunday 13, Jan 2019
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu we Jeannette bari kumwe n’abagize guverinoma batandukanye,bateraniye muri Kigali Convention Centre mu masengesho yo gusengera igihugu azwi nka National Prayer Breakfast.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru taliki ya 13 Mutarama 2019,nibwo aya masengesho yo gushimira Imana ibyo yagejejeho u Rwanda muri 2018 ndetse no kuyiragiza umwaka wa 2019 yabaye ku nshuro ya 23.
Umushyitsi mukuru muri aya masengesho ategurwa na Rwanda Leaders Fellowship, yari nyakubahwa Perezida Paul Kagame.
Abayobozi bagize guverinoma bazamuye ishimwe ndetse bashimira Imana ku bw’imigisha ikomeje guha igihugu cy’u Rwanda.
Source:IGIHE
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *