skol
fortebet

P.Kagame yafunguye uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi

Yanditswe: Tuesday 19, Dec 2017

Sponsored Ad

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi mu buryo bw’ikoranabuhanga rwambere mu karere u Rwanda ruherereyemo Afriprecast, ruherereye mu karere ka Kicukiro.
Ni uruganda ruzajya rukora inkuta za betto zifashishwa mu bwubatsi mu buryo bwihuse kandi inzu yubatswe nizo nkuta ikaramba ndetse ikaba idashobora gufatwa n’inkongi y’umuriro
Perezida wa Repubulika yashimye umushoramari washoye mu kubaka uru ruganda kuko ruje rukenewe mu gukemura (...)

Sponsored Ad

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi mu buryo bw’ikoranabuhanga rwambere mu karere u Rwanda ruherereyemo Afriprecast, ruherereye mu karere ka Kicukiro.

Ni uruganda ruzajya rukora inkuta za betto zifashishwa mu bwubatsi mu buryo bwihuse kandi inzu yubatswe nizo nkuta ikaramba ndetse ikaba idashobora gufatwa n’inkongi y’umuriro

Perezida wa Repubulika yashimye umushoramari washoye mu kubaka uru ruganda kuko ruje rukenewe mu gukemura ibibazo by’amacumbi akenewe n’abatari bacye. Perezida wa Repubulika yavuze kandi ko ishoramari nk’iri risobanuye byinshi. Yagize ati, "Afriprecast izagabanya ikinyuranyo cy’ibitumizwa hanza, kandi twiteze ko ibi bikoresho bizoherezwa mu karere, bisobanuye byinshi ko iri ari ishoramari ry’u Rwanda, kandi turakomeza guha ikaze abashoramari, ariko duhereye aha mu rugo, niba hashobora kubaho ubufatanye n’abashoramari bo hanze bagafatanya mu byoroheje n’ibikomeye tubahaye ikaze."

Ni uruganda rwuzuye mu gihe cy’umwaka rutangiye kubakwa rukaba rwaruzuye rutwaye miriyoni 25 z’amadorari, rukaba rufite ubushobozi bwo gukora ibikoresho byubatse inzu 6 buri nzu ifite metero kare 100.

Umuyobozi w’uru ruganda avuga ko Alex Bayingana avuga ko isoko ry’ibikoresho bizajya bikorwa n’uru ruganda ririmo kuboneka ku ikubitiro ngo bamaze kubona isoko rya miriyari 8 z’amafaranga y’u Rwanda, bagashima uruhare leta y’u Rwanda igira mu korohereza ishoramari.

Yagize ati, "Ikintu cyatumye tubasha kubishora ni ukubera leta yacu, yaradufashije cyane kubera ko ifite gahunda yo korohereza abantu, ikintu cyose twari dukeneye cyaratworoheye kubera ubwo bufatanye bwari hagati yacu n’inzego za leta, ibijyanye n’isoko ryo mwumvishe ko twasinye amasezerano y’isoko rya mbere hano mu Rwanda hakenewe amazu menshi yaba asanzwe cyangwa amacumbi bivuze ko uru ruganda rwari rukenewe cyane."


Nubwo bimeze bityo ubuyobozi bw’uru ruganda bwagaragaje ko bufite imbogamizi zo kuba sima ikorerwa mu Rwanda ifite igiciro cyo hejuru bikabangamira imikorere y’uru ruganda.

Gusa Perezida wa Repubulika yabwiye ubuyobozi bw’uru rugandako iki kibazo kigiye gushakirwa umuti. Kugeza ubu uru ruganda rukaba rwiteguye guha akazi abantu bagera ku 1000.

RBA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa