skol
fortebet

Perezida Kagame yemeje ko azongera kwiyamamaza

Yanditswe: Wednesday 20, Sep 2023

featured-image

Sponsored Ad

Perezida Kagame yatangaje ko yishimiye icyizere abanyarwanda bakomeje kumugirira, ndetse ko azabakorera uko ashoboye, ashimangira ndetse ko ari umukandida mu matora ataha y’Umukuru w’Igihugu.

Sponsored Ad

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique ubwo yari abajijwe niba kuba yarongeye gutorerwa kuyobora FPR Inkotanyi n’amajwi 99,8% bidashimangira ko azongera guhagararira uyu muryango mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Mu gusubiza yagize ati “Mumaze kubyivugira ko ari ibintu bigaragarira amaso ya bose. Ni nako bimeze. Ndishimye ku bw’icyizere abanyarwanda bamfitiye. Nzakomeza kubakorera uko nshoboye. Yego, rero ndi Umukandida.”

Mu mwaka wa 2000 ubwo Paul Kagame yatangiraga kuyobora u Rwanda nk’Umukuru w’Igihugu nyuma yo gutorwa n’Abadepite, hari hashize imyaka itandatu Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Igihugu cyari mu nzira y’inzitane, gishakisha uko cyakwigobotora ibibazo byari bikigose impande n’impande. Nibwo cyari mu bushyamirane na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari indiri y’Interahamwe zashyugumbwaga zishaka kugaruka mu Rwanda gusohoza umugambi zakomwemo mu nkokora.

Tariki 12 Nzeri 2003,nibwo Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ye ya mbere. Yari yatsinze amatora ku majwi 95 %, ahigitse abarimo Faustin Twagiramungu wagize amajwi 3.6 % na Jean-Népomuscène Nayinzira wagize 1.3 %.

Tariki 6 Nzeri 2010 nibwo Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya kabiri. Yatsinze ku majwi 93 % abo bari bahanganye barimo Dr Ntawukuriryayo Jean Damascene wa PSD, Prosper Higiro wa PL na Alvera Mukabaramba wa PPC

Tariki 18 Kanama 2017 nibwo Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda manda ya gatatu y’imyaka irindwi nyuma yo gutsinda amatora ku majwi 98.7 % ahigitse abarimo Phillipe Mpayimana na Frank Habineza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa