RURA yatangaje ibiciro bishya bya lisansi na mazutu bigomba gukoreshwa mu mezi abiri ari imbere, aho bitahindutse cyane kuko ikinyuranyo ari amafaranga abiri n’atatu ugereranyije n’ibyari bisanzwe.
Ibiciro bishya bisimbura ibyari byashyizweho mu Ukuboza 2023. Ubu igiciro cyatangajwe ni uko lisansi mu Mujyi wa Kigali, itagomba kurenza 1637 Frw. Ni mu gihe icyari gisanzwe cyari 1639 Frw.
Kuri Mazutu, igiciro gishya ni 1632 Frw kigiye gusimbura 1635 Frw cyari gisanzweho.
Ibi biciro byombi bizakoreshwa guhera ku wa 12 Mutarama 2024.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *