Kigali: Abasore n’ inkumi 12 bafite uruganda rukora amasabune
Yanditswe: Saturday 21, Oct 2017
Fille Dynah, umwe mu basore n’ inkumi 12 bafite uruganda rukora amasabune avuga ko hari byinshi bamaze kugeraho ndetse ngo bafite inzozi zo kuzagira uruganda runini rwohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Ni umukobwa bigaragara ko akiri muto, imbere ye yateretse utubuni twa litilo eshanu, atabikwibwiriye wagirango harimo imitobe nyamara ni amasabune y’ amazi.
Umuyobozi wungirije w’ uruganda Agri-cosmetic Indorerwamo, Fille Dynah yatangarije Umuryango ati “Niga muri UNILAK mu mwaka wa kabiri. Nkora (...)
Fille Dynah, umwe mu basore n’ inkumi 12 bafite uruganda rukora amasabune avuga ko hari byinshi bamaze kugeraho ndetse ngo bafite inzozi zo kuzagira uruganda runini rwohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Ni umukobwa bigaragara ko akiri muto, imbere ye yateretse utubuni twa litilo eshanu, atabikwibwiriye wagirango harimo imitobe nyamara ni amasabune y’ amazi.
Umuyobozi wungirije w’ uruganda Agri-cosmetic Indorerwamo, Fille Dynah yatangarije Umuryango ati “Niga muri UNILAK mu mwaka wa kabiri. Nkora ibijyanye n’ amasabune yo koga, ayo gukoresha amasuku, ndetse n’ayo gukoresha muri toilette”
Uru ruganda rukorera i Kabuga na Kicukiro. Dynah avuga ko we na mugenzi we bafatanya aka kazi ari umubyeyi wabo wabibigishije kuko babonaga kubona akazi bitoroshye.
Akomeza avuga ko we na mugenzi basanze batazona ubushobozi(amafaranga) yo gushyira mu bikorwa ibyo umubyeyi wabo yabigishije bagashaka abandi bafatanya kugira ngo haboneke ubushobozi mu mafaranga bwo gutangira iyo mirimo.
Bimufasha kwiyishyurira amafaranga y’ ishuri muri kaminuza no kubona ibyangombwa nkenerwa by’ ishuri adateze amaboko ku muntu uwo ari wese.
Dynah yatangarije Umuryango ko bahereye ku gishoro cy’ amafaranga ibihumbi 50. Magingo aya ngo iyo bakoze neza bunguka kuva ku bihumbi 100 kugera ku 150 ku munsi.
Avuga ko bafite intego yo kuzagira uruganda runini rukora ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga, gusa ngo bafite imbogamizi yo kuba batarabona isoko rihagije.
Yagize ati “Imbogamizi dufite ni amasoko kuko nk’ uku twiga ntabwo tubona umwanya wo kujya kuri terrain gushaka ayo amasoko.”
Umuyobozi wungirije w’ uruganda Agricosmetic Indorerwamo, Fille Dynah
Uyu mukobwa avuga ko ibyo akora n’ undi wese ufite ubushake atabura icyo akora kuko nabo ibyo bakora batabivukanye ahubwo bafashe umwanya wo kubyiga.
Ati “Abandi bakobwa icyo nababwira ni ukudacika intege no gushaka uburyo bakora badategereje gutega amaboko ku babyeyi no ku nshuti zabo, agahaguruka agakora, uhura n’ imbogamizi ariko ejo hari icyo ubona.”
Inzozi mfite nubwo runo ari uruganda ruto, ndashaka ko ruzaba uruganda rukomeye, kuburyo tuzagera ku rwego rwo kuranguza amasoko y’ igihugu cyose no hanze y’ igihugu.
Akora amasabune arimo ayoza imodoka n’ ayoza inzu, n’ amavuta yo kwisiga avuga ko abayisiga bamubwira ko ari meza. Akora n’ amasabune akomeye yo kumesa.
Abasore n’ inkumi bafite uruganda rukora amasbune n’ amavuta yo kwisiga
Ibitekerezo
Natubwire ingen ayakora
Uyu mukobwa arashoboye. Imana izamushoze
Dina ndamuzi muri UNILAK ni umuhanga kd ni umunyamurava leta nimufashe kubona amasoko.
Produits zanyu ni nziza
Ubwo nimba bunguka hagati ya 100 000 na 150 000 ku munsi turnover yabo ingana gute?
Byumvikana ko bamaze kwiyandikisha muri VAT rwose basore neza amajyambere kuri twese atugereho.
Ubwo nimba bunguka hagati ya 100 000 na 150 000 ku munsi turnover yabo ingana gute?
Byumvikana ko bamaze kwiyandikisha muri VAT rwose basore neza amajyambere kuri twese atugereho.
Fille, na bagenzi be nagize neza kuko batangiriye umushinga wabo mu kubaha ababyeyi. Bemeye kwakira inyigisho z’umubyeyi bazibyaza umusaruro kuko ubumenyi bahawe babuvangamo n’imbaraga bahabwa n’imyaka mwiza y’ubukure, byakwiyongeraho amahirwe bafite yo kuba mu gihugu cyiza mu bihe byiza, bakabasha kuva Ku ntambwe bajya Ku yindi. Mukomereze aho kandi namwe abandi benshi bazabigireho kugira icyo bakora kizagirira benshi akamaro. Courageous
dear 100 cg 150 tuyunguka mugihe twabonye amadoko manini kumunsi....
means muminsi isanzwe tubona ayari munsihogato.
Mumpe adresse na numéro nzabasure
Mbega byizaa, Courage basore bato;kdi Imana ijye ihira ibikorwa byanyu. Twashimishwa cyane no kumva mwageze kure hashobokaa. @Fille na bagenzi bawe mukomereze ahooo kbsaa
Address 0783907643 cg 0726323744
nakunze igikorwa,cyanyu kugira NGO umuntu Abe yabisunga hasabwa iki
Murakora cyane ese uwashaka ko mwakorana Mwamerera cg mutanga internship?
Ase umuntu yabasura gute mukamugira inama kuko ndabikunze pe
Mberenambere nshimye igikorwa cyanyu mukomerezaho. Ariko se umuntu ushaka kubigiraho mwamufasha ?
Nifuza kwifatanya namwe doreko nanjye nabyize my fone number0788407354
Nifuza kwifatanya namwe doreko nanjye nabyize my fone number0788407354
Nifuza kwifatanya namwe doreko nanjye nabyize my fone number0788407354