skol
fortebet

Perezida Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo aho Masai Ujiri igiye kubaka igikorwaremezo gikomeye

Yanditswe: Monday 14, Aug 2023

featured-image

Sponsored Ad

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 14 Kanama 2023, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibikorwaremezo by’umushoramari Masai Ujiri “Zaria Court Kigali”, i Remera ahahoze hakorera RBC, ku muhanda ugana kuri Stade Amahoro.

Sponsored Ad

Ni ibikorwaremezo byiganjemo ibibuga by’imikino , Hoteli n’isoko rigezweho, i Remera ahahoze hakorera RBC.

Icyanya cy’ibikorwaremezo bya Siporo cyiswe “Zaria Court Kigali”, bikomoka ku gace ka Zaria muri Nigeria, ahakuriye umushoramari wo muri Canada akaba n’Umuyobozi wa Giants of Africa na Toronto Raptors, Masai Ujiri.

Zaria Court Kigali, ni umushinga w’iterambere ukubiyemo ahantu hazajya habera imikino, ibikorwa by’umuco n’amacumbi arimo hoteli ndetse n’ihahiro rigezweho.

Perezida Kagame yashimiye Masai Ujiri ku bikorwa bitandukanye akomeje gukora mu Rwanda, avuga ko ari “umukozi” ndetse ibintu byose ashaka abigeraho, uretse kimwe cyamunaniye, guhindura Umukuru w’Igihugu umufana wa Toronto Raptors abereye umuyobozi.

Ati “Masai ni umukozi kandi ikimenyetso ni ikiduteranyirije hano. Ibintu byose arabishoboye, ariko icyamunaniye ni ukumpindura nkafana ikipe ayobora ya Toronto Raptors. Gusa, naravuze nti niba ntacyo bitwaye gufana amakipe abiri, ndongeraho Toronto, ariko ikipe ya mbere yanjye mfana ni Golden State Warriors.”

Yavuze ko kandi kubona ibikorwaremezo nk’ibi mu Rwanda bizafasha kuzamura siporo n’ibindi bikorwa muri Afurika afatiye urugero ku buryo bamwe mu bayobozi b’ibihugu bya Afurika baza i Kigali bahakura intego yo kubaka inzu z’imyidagaduro zimeze nka BK Arena.

Ati “Gusa, turishimira ko twashoboye gukorana, hari ibyinshi byagezweho harimo n’iyi Zaria Court n’ibindi biyikikije. Ntabwo bigarukira hano, bizagera hirya no hino mu Rwanda, mu Karere no ku Mugabane [wa Afurika]. Masai yavuze uburyo twahuriye muri Toronto ubwo yari yantumiye ku mukino wa [NBA] All-Star bikavamo igitekerezo cyo kubaka Arena [BK]. Benshi mu bayobozi bo muri Afurika badusuye hano, bahavanye igikerezo cyo kubaka Arena n’iziyirenze.”

Yakomeje ati “Turizeza ko nk’igihugu tuzakora ibishoboka byose. Kukugira nk’umufatanyabikorwa bizadufasha kugera ku rwego dushaka kugeraho harimo no kubona impano kandi ntibizahagarara.”

Mu ijambo rye, Masai Ujiri yashimiye abantu n’inzego zitandukanye zifite uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga mugari, avuga ko siporo ikwiye kurenga uko ifatwa ku Mugabane wa Afurika, ikareberwa mu ndorerwamo y’amarushanwa n’ubukungu.

Zaria Court izubakwa i Remera, hafi ya Stade Amahoro hahoze hakorerwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), ahangana na hegitari 2,4. Ubwo butaka Masai Ujiri yabuhawe na Leta y’u Rwanda muri Nyakanga 2021.

Iki gikorwaremezo kizatahwa mu ntangiriro za 2025, kigiye kubakwa i Remera mu gace kahariwe ibikorwaremezo bya siporo kazwi nka “Kigali Sports Hub” karimo Stade Amahoro na Petit Stade ziri kwagurwa ndetse na BK Arena yubatswe mu 2019.

Biteganyijwe ko kizatanga akazi ku bagera kuri 500 mu bijyanye no kwakira abantu n’ubukerarugendo ubwo kizaba gitangiye ibikorwa byacyo muri Gashyantare 2025 mu gihe imirimo yo kucyubaka iteganyijwe kurangira mu Ugushyingo 2024.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa