skol
fortebet

REB yahishuye igihe abarimu bose bo mu Rwanda bazahererwa mudasobwa

Yanditswe: Sunday 21, Jan 2024

featured-image

Sponsored Ad

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), rwatangaje ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026, abarimu bose bo mu Rwanda bazaba bafite mudasobwa muri gahunda ya mudasobwa kuri buri mwarimu.

Sponsored Ad

Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Nelson Mbarushimana, wari umutumirwa mu kiganiro Kubaza Bitera Kumenya’ cya RBA kuri iki Cyumweru, yavuze ko guha mudasobwa abarimu biri muri gahunda ya leta yo gukomeza kwimakaza ikoranabuhanga mu myigishirize.

Abarimu bose bo mu Mashuri ya Tekinike, Imyuga n’Ubumenyingiro bamaze guhabwa za mudasobwa.

Ibi bivuze ko mu myaka ibiri iri imbere abarimu bose bazaba barahawe mudasobwa zizabafasha kunoza umurimo bakora.

Si ubwa mbere uyu muyobozi avuze kuri iyi gahunda kuko kuwa 18 Nzeri 2022 yabishimangiye mu nama yagiranye n’abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Ntara y’Amajyepfo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa