skol
fortebet

Ikorwa ry’ ikiraro cya Nyabugogo ntabwo ejo rizafunga umuhanda nk’ uko byari byitezwe

Yanditswe: Sunday 18, Nov 2018

Sponsored Ad

Imirimo yo kwagura ikiraro cya Nyabugogo yatumye umuhanda Nyabugogo – Gatsata Nyacyonga kuri uyu wa Gatandatu n’ uyu munsi ku cyumweru ufungwa amasaha amwe n’ amwe ndetse byari byitezwe ko n’ ejo ku wa Mbere iyi mirimo izafunga umuhanda ariko siko bikimeze kuko imirimo yarangiye.

Sponsored Ad

Mu itangazo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru bwamenyesheje abantu bose ko akazi kakorwaga ku kiraro cya Nyabugogo katumaga hafungwa umuhanda uhuza Nyabugogo na Gatsata kararangiye.

Iryo tangazo rigira riti “Abakoraga ako kazi bakihutishije kuburyo bitakiri ngombwa ko ejo ku wa mbere umuhanda wongera gufungwa”

Imirimo yo gufunga ibyuma byamukiranya umugezi wa Nyabugogo warangiye hazakurikiraho imirimo yo gushyiraho kaburimbo ku buryo bishobora kuzarangira bitarenze muri Mutarama 2019 nk’uko ababishinzwe babyemeza. Iki kiraro kizuzura gitwaye asaga miliyoni $7.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa