Muhanga:Ikirombe cyagwiriye abantu 5 , umumwe ahasiga ubuzima
Yanditswe: Tuesday 25, Jul 2023
Ikirombe giherereye mu karere ka Muhanga cyahitanye umugabo witwa Uzabakiriho Samuel w’Imyaka 28 y’amavuko abandi bari kumwe barakomereka.
Iyi mpanuka yahitanye uyu mugabo Uzabakiriho Samuel yabereye mu Mudugudu wa Ngororano ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Nyakanga 2023.
Amakuru ducyesha Ikinyamakuru cya Igihe avuga ko ko bufatanyije n’abaturage n’inzego z’umutekano iyi mpanuka ikimara kuba bahise batabara.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe imibereho myiza (...)
Ikirombe giherereye mu karere ka Muhanga cyahitanye umugabo witwa Uzabakiriho Samuel w’Imyaka 28 y’amavuko abandi bari kumwe barakomereka.
Iyi mpanuka yahitanye uyu mugabo Uzabakiriho Samuel yabereye mu Mudugudu wa Ngororano ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Nyakanga 2023.
Amakuru ducyesha Ikinyamakuru cya Igihe avuga ko ko bufatanyije n’abaturage n’inzego z’umutekano iyi mpanuka ikimara kuba bahise batabara.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe imibereho myiza Mugabo Gilbert yagize ati “ Ni umuntu umwe wapfuye abandi dufatanyije n’inzego twaratabaye babakuramo batari bapfa.”
Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzumwa mu gihe bagenzi be nabo bari mu bitaro bitandukanye aho bari kwitabwaho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *