Rubavu: Umushumba arashinjwa gutema umurima w’insina z’umuturage arawurangiza
Yanditswe: Wednesday 27, Dec 2023
Umushumba wo mu karere ka Rubavu yatawe muri yombi nyuma yo kwirara mu murima w’umuturage amutemera insina ,umurima wose arawurangiza.
Umunyamakuru Mutuyeyezu Oswald ukorera Radio&TV10 dukesha aya makuru yagize ati "Umpaye amakuru avuga ko aha ari mu murenge wa Rugerero, akagari ka Basa, aho ’umushumba yatemaguye umurima wose w’insina akazirarika hasi.
Ambwiye ko ’nyir’umurima yitwa Niyibizi Charles, akaba akeneye ubuvugizi."
Uyu yavuze ko uwamwandikiye amuha aya makuru yamubwiye ko hari hamaze kugera Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Basa wakoze raporo akayishyikiriza inzego zisumbuye.
Uwatemaguye urutoki rwa Niyibizi ngo ’yafatiwe mu cyuho ubu ari kuri station ya RIB mu murenge wa Rugerero.’
Akarere ka Rubavu kabinyujije kuri Twitter kagize kati "Ni byo koko, abakoze ibi, bafashwe n’ abari ku irondo mu ijoro ryakeye, bashyikirijwe inzego z’Ubutabera ngo bakurikiranweho ibyo bashinjwa."
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *