skol
fortebet

Iranzi yateye ikirenge mu cya Migi asinyira APR FC

Yanditswe: Tuesday 16, Jan 2018

Sponsored Ad

Umukinnyi Iranzi Jean Claude ukina hagati mu kibuga,yamaze gusinyira ikipe ya APR FCamasezerano y’imyaka 2 aho aje akurikiye Mugiraneza Jean Baptiste nawe wasinye ku munsi w’ejo.
Uyu musore ukina hagati mu kibuga,yari amaze iminsi mu gihugu cya Zambia ategereje kubona ibyangombwa bimwemerera gukinira ikipe ya Zesco United,ariko birangiye agarutse muri PR FC yakiniye igihe kitari gito mbere yo kwerekeza mu ikipe ya Topolcany yo muri Slovakia.
Iranzi wasinye imyaka 2 muri APR FC,yabwiye (...)

Sponsored Ad

Umukinnyi Iranzi Jean Claude ukina hagati mu kibuga,yamaze gusinyira ikipe ya APR FCamasezerano y’imyaka 2 aho aje akurikiye Mugiraneza Jean Baptiste nawe wasinye ku munsi w’ejo.

Uyu musore ukina hagati mu kibuga,yari amaze iminsi mu gihugu cya Zambia ategereje kubona ibyangombwa bimwemerera gukinira ikipe ya Zesco United,ariko birangiye agarutse muri PR FC yakiniye igihe kitari gito mbere yo kwerekeza mu ikipe ya Topolcany yo muri Slovakia.

Iranzi wasinye imyaka 2 muri APR FC,yabwiye abanyamakuru ko yishimiye kugaruka mu rugo ndetse ko yiteguye gushimisha abakunzi b’ikipe ya APR FC.

Uretse gusinyisha Iranzi na Migi,biravugwa ko ikipe ya APR FC yarangije kuganira na Nshuti Dominique Savio uherutse gusesa amasezerano n’ikipe ya AS Kigali ndetse Amavubi narangiza imikino ya CHAN azahita ayerekezamo.

Andi makuru agera ku Umuryango ni uko iyi kipe y’ingabo z’igihugu iri mu biganiro na Kagere Meddie uherutse gutorw nk’umukinnyi witwaye neza muri shampiyona ishize ya Kenya,ndetse biravugwa ko ashobora gusinya mu minsi mike.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa