Laurent Koscielny yandagaje umutoza Didier Deschamps ubwo yasezeraga mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa
Yanditswe: Monday 15, Oct 2018
Myugariro Laurent Koscielny wari umaze guhamagarwa mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa,yayisezeyemo ariko ajyana intimba yo kuba umutoza wayo Didier Deschamps ataramubaye hafi mu gihe yamaze ari mu mvune yagize mbere y’igikombe cy’isi cyabereye mu Burusiya.
Koscielny ukinira ikipe ya Arsenal mu Bwongereza yatangarije Canal+ ko nyuma yo kuvunikira mu mukino wa ½ cy’irangiza cya Europa League, ikipe ya Arsenal yakinnyemo na Atletico Madrid muri Gicurasi,abakinnyi bagenzi be n’umutoza Deschamps bamwirengagije cyane ndetse nta n’uwigeze amusura.
Koscielny yavuze ko Deschamps atamwitayeho ubwo yari mu mvune
Yagize ati “Kuva navunika,Deschamps yampamagaye rimwe ku isabukuru yanjye muri Nzeri.Nta kindi gihe yigeze amvugisha.Abantu benshi barambabaje,uretse nawe.Bisa nko gukomereka cyane umutwe.
Koscielny yakiniye Ubufaransa kuva muri 2011 kugeza 2018 aho yahamagawe inshuro 51gusa yatangaje ko uburibwe yagize kubera ko atakinnye igikombe cy’isi 2018 buruta ubw’imvune ikomeye yagize.
Koscielny w’imyaka 33,yatangaje ko ibye n’Ubufaransa byarangiye kuko bufite abakinnyi bakomeye bari kuzamuka gusa agiye gukomeza kwitangira Arsenal.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *