Rayon Sports iri mu biganiro n’umutoza wigeze gutoza mu Rwanda
Yanditswe: Friday 24, Nov 2017
• Rayon Sports irashaka umutoza usimbura Karekezi Olivier
• Rayon Sports yatangiye ibiganiro na Goran Kopunovic
• Kopunovic yemeje ko yavuganye n’ubuyobozi bwa Rayon Sports
Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro n’uwahoze atoza ikipe ya Police FC umunya Serbia Goran Kopunovic ngo asimbure umutoza Karekezi Olivier uri mu maboko y’ubugenzacyaha kubera icyaha akurikiranyweho cyakoreshejwe Ikoranabuhanga n’itumanaho.
Mu kiganiro uyu mutoza yagiranye n’ikinyamakuru Ruhagoyacu dukesha iyi nkuru,yagitangarije ko hari abayobozi ba Rayon Sports bavuganye nubwo batageze ku mwanzuro.
Yagize ati “Ni byo hari abantu bo muri Rayon Sports twavuganye. Kuri ubu turacyari mu biganiro dutegereje kureba ikizavamo”.
Kugeza ubu Karekezi aracyakurikiranwa n’ubugenzacyaha ariyo mpamvu abayobozi ba Rayon Sports bari kwisuganya kugira ngo barebe ko babona umutoza mukuru n’uwungirije mbere y’uko shampiyona isubukurwa.
Twagerageje guhamagara ubuyobozi bwa Rayon Sports kugira ngo tubabaze kuri aya makuru ntibafata telefoni zabo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *