Umutaliyanikazi wamamaye mu mukino wo koga yatangaje ikintu yifuza ko Cristiano Ronaldo yamukorera[AMAFOTO]
Yanditswe: Saturday 22, Sep 2018
Umutaliyanikazi witwa Federica Pellegrini ukinira ikipe y’igihugu y’Ubutaliyani mu mukino wo koga yatangaje ko yifuza kuzasangira na rutahizamu Cristiano Ronaldo ku meza amwe ndetse atitaye ku kuba afite umukunzi.
Federica Pellegrini w’imyaka 30 usanzwe ari umufana ukomeye wa Juventus,yavuze ko akunda Cristiano Ronaldo ndetse yifuza ko bazasangira ifunguro umunsi umwe nabimwemerera.
Yagize ati “Cristiano Ronaldo aramutse antumiye ku ifunguro tugasangira byanshimisha cyane.Namwemerera ntazuyaje.Nubwo afite umukunzi n’abana,sinabyanga.”
Federica Pellegrini watwaye umudali wa zahabu mu mikino olimpike yabereye Beijing mu gusiganwa metero 200 mu byitwa Freestyle ntiyahishe urukundo akunda uyu munya Portugal uri mu bakinnyi beza isi yagize.
Cristiano yigaruriye imitima ya benshi mu Bataliyanikazi nyuma yo kwerekeza mu ikipe ya Juventus avuye muri Real Madrid yari amazemo imyaka 9.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *