Amafoto yaciye ibintu :Umusore yafashwe yibye ategekwa kubyina isaha yose yambaye ikariso gusa
Yanditswe: Monday 09, Jul 2018
Amafoto yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga turasangamo agaragaza umusore wambuwe ubusa nyuma yo gufatwa yibye telephone ,amafoto yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga,pastier wirukanye umusore ubana n’ubumuga ku ruhimbi ,amafoto agaragaza uko Jordan yatunguwe ku munsi w’isabukuru ye n’ayandi.
Mu gihugu cya Nigeria umusore yafashwe yibwe telephone 4 ategekwa kubyina ku muhanda yambaye ikariso gusa.
Dore amwe mu mafoto atandukanye yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye zirimo Instagram.
Umuhanzikazi Asinah yongeye kugaragaza udushya tudasanzwe muruhando rwa muzika nyarwanda.
Umupasiteri witwa David Owuor uhagarariye itorero rya Holiness Ministries muri Kenya yirukanye ku ruhimbi umusore ufite ubumuga aho kumusengera ngo akire.
Ku wa Gatandatu tariki 7 Nyakanga 2018. Ubwo Jordan Mushambokazi yizihizaga umunsi mukuru we w’amavuko yatunguwe no kubona abantu batandukanye barimo abahanzi nyarwanda ,abakobwa bari bahatanye mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2018 baje kwifatanya nawe gusa biba agahebuzo ubwo yabonaga umuhanzi Andy Bumuntu asanzwe akunda ari kumuririmbira.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *