skol
fortebet

Chorale de Kigali Yashyize iherezo kuri zimwe mu nzozi Yvan Buravan yahoranye

Yanditswe: Tuesday 20, Dec 2022

featured-image

Sponsored Ad

Mu gihe amarira agishoka ku matama y’abakunzi b’umuziki by’umwihariko abakundaga Yvan Buravan uherutse kwitaba Imana, Chorale de Kigali yongeye gukirigita amarangamutima y’abakunzi b’uyu muhanzi bongera gusuka amarira ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kumva uko basubiyemo indirimbo ye.

Sponsored Ad

Mu gitaramo cya Chorale de Kigali, Prof. Jean Claude Byiringiro wari uyoboye ibirori akomoza kuri iyi ndirimbo yahishuye ko nyuma y’ubusabe bwa nyakwigendera, umuryango we wabasabye kubahiriza icyifuzo cyo gusubiramo indirimbo ye ‘Gusaakaara’ nabo bacyakirana yombi.

Prof. Byiringiro yashimye ubuhanga Yvan Buravan yari afite mu muziki, cyane ubwo kuririmba mu buryo abakuru n’abato biyumva mu gihangano cye.

Ati “Ni indirimbo irimo ubuhanga budasanzwe, yabaye ikiraro mu buryo bwinshi. Yabaye ikiraro cyatumye ‘Chorale de Kigali’ yambuka iririmba umuziki utari uwo abantu bamenyereye mu kiliziya ahubwo turirimba n’umuziki usanzwe.”

Ikindi kintu uyu mugabo yakomojeho ni uko muri iyi ndirimbo, Yvan Buravan yabaye ikiraro cyo guhuza umuziki wo hambere unyura abakuze n’unyura abakiri bato.

Ati “Ikiraro cyabanje ni uko ari indirimbo ihuza umuziki wa cyera n’umuziki w’uyu munsi, agahuza mu buryo bwa gihanga ururimi abakuru bumva ndetse ntiyibagirwe n’ibyo abato bumva.”

Prof. Byiringiro yahise atanga rugari kuri ‘Chorale de Kigali’ baranzika. Ni indirimbo yakiranywe yombi, ndetse yongera kuriza abatari bake bagiye batanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko bakozwe ku mutima n’ibyo iyo korali yakoze.

Umubyeyi wa Yvan Buravan na mushiki we bishimiye Chorale de Kigali yasubije ikifuzo cya Yvan.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa