Davido yasubitse ibitaramo yari afite nyuma y’urupfu rw’umwana we
Yanditswe: Friday 11, Nov 2022
Umuhanzi David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido mu rwego rwo kunamira umwana we uherutse kwitaba Imana, yasubitse iserukiramuco “Are we African yet [A.W.A.Y festival] yiteguraga gukora.
Umuhanzi David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido mu rwego rwo kunamira umwana we uherutse kwitaba Imana, yasubitse iserukiramuco “Are we African yet [A.W.A.Y festival] yiteguraga gukora.
Davido yiteguraga gukora iserukiramuco A.W.A.Y kuwa 18 Ugushyingo 2022 muri Leta Zunze Ubumwe za America mu mujyi wa Atlanta.
Nk’uko tubikesha ibinyamakuru byandika imyidagaduro muri Nigeria, byatangaje ko uyu muhanzi yasubitse iri serukiramuco ndetse muri iyi minsi bivugwa ko atarimo gukoresha imbuga nkoranyambaga.
Kuwa 31 Ukwakira 2022 nibwo Davido yapfushije umwana w’umuhungu w’imyaka itatu Ifeanyi David Adedeji Adeleke Jr yari yarabyaranye n’umukunzi we Chioma.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *