skol
fortebet

Gen Muhoozi yahishuye ikintu gikomeye yifuza gukorera 2Pac

Yanditswe: Wednesday 22, Mar 2023

featured-image

Sponsored Ad

Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko yifuza kugira uruhare no gutanga umusanzu we mu kubaka ikibumbano cy’umuraperi Tupac Amaru Shakur wamenyekanye nka 2Pac umaze igihe yitabye Imana.

Sponsored Ad

Mu butumwa yashyize kuri Twitter yanditse agira ati “Niba abavandimwe na bashiki bacu dukunda bo muri Amerika batarubatse ikibumbano cy’umuhanzi ukomeye w’Umunyafurika wo mu gihe cyacu, ndashaka gutanga ubufasha.”

“Ndashaka kubaka ikibumbano cya Tupac mu mujyi yavukiyemo. Uyu mugabo udasanzwe akomeze aruhukire mu mahoro.”

Ni ubutumwa bwari buherekejwe n’amafoto abiri y’umuraperi 2Pac umaze imyaka 27 apfuye.

Tupac Amaru Shakuru ni umwe mu bamamaye cyane mu myaka ya 90, yagurishije kopi zisaga miliyoni 75 za album ze ndetse kugeza ubu aracyafatwa nk’umuraperi w’ibihe byose.

Uyu muraperi wari ukunzwe na benshi mu myaka yashize kugeza n’ubu, ubwo yari afite imyaka 25 mu ijoro ryo ku wa 7 Nzeri 1996 yarashwe arakomereka bikomeye ndetse nyuma y’iminsi itandatu aza kwitaba Imana.

Abantu benshi bagiye bakora ibikorwa bitandukanye byo kuzirikana ubuzima bw’uyu muraperi barimo n’umubyeyi we, Afeni Shakur wubakishije ikibumbano kinini cy’umuhungu we kiri mu busitani bwa Peace Garden of the Tupac Amaru Shakur Center muri Georgia, cyakozwe na Jim Burnett.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa