Itsinda ‘The ashe ensemble’ ryo Muri Jamaica ryasusurukije Abantu mu ndirimbo’Turaje’ ya Isamaza
Yanditswe: Friday 15, Apr 2022
Itsinda ry’abanyamuziki ryo muri Jamaica ryatunguranye ririmba indirimbo’Turaje’ y’itorero Isamaza mu birori byo kwizihiza imyaka 60 iki Gihugu kimaze kibonye Ubwigenge, ni indirmbo baririmbye ubwo bahaga ikaze Abanyarwanda bari bitabiriye ibyo birori.
Itsinda riyobowe na Perezida wa Repuburika Paul Kagame rimaze iminsi muri Jamaica aho umukuru w’Igihugu ari gukorera urugendo rw’akazi ruzamara iminsi itatu uhereye ku wa 13 Mata 2022.
Attending the launch of #Jamaica60 celebration: Very impressed by talented young Jamaicans performing perfectly the Rwandan traditional dance at the occasion of state visit of HE President Kagame in Jamaica. pic.twitter.com/kKexCturOy
— Uzziel Ndagijimana (@undagijimana) April 14, 2022
Ubwo bahabwaga ikaze mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 ishize Jamaica ibonye ubwigenge, itsinda ry’abari kumwe na Perezida Kagame ryakirijwe umuziki n’imbyino za Kinyarwanda ariko zaririmbwaga zikanabyinwa n’abaturage bo muri iki gihugu.
Ni itsinda ry’abanyamuziki bari bagerageje kwiga indirimbo ‘Twaje’ ya Isamaza, biga kwigana ingoma za Kinyarwanda ndetse n’imbyino gakondo zo mu Rwanda.
Kubumva baririmba ikinyarwanda nubwo batazi cyinshi, bakagerageza kuvuza ingoma za Kinyarwanda banabyina bya Kinyarwanda ni bimwe mu byakoze ku mitima ya benshi.
Minisitiri w’imari n’igenamigambi Ndagijimana Uzziel, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yavuze ko yakozwe ku mutima n’urubyiruko rwo muri Jamaica rwagerageje kwigana imbyino zo mu Rwanda.
The Rwandan delegation received
a warm welcome at the launch of #Jamaica60 Celebration, during State visit of H.E President Paul Kagame to #Jamaica.In the video, young Jamaicans perform ‘Turaje’ by Cecile Kayirebwa.
🇷🇼🇯🇲 pic.twitter.com/YRDWF3yFTC
— Mission of Rwanda UN 🇷🇼 (@RwandaUN) April 15, 2022
Ati “Nitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 ishize Jamaica ibonye ubwigenge, nanyuzwe n’urubyiruko rw’abanyempano bataramye mu mbyino nyarwanda.”
Uretse kwifatanya n’abanya-Jamaica mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 ishize babonye ubwigenge, muri uru ruzinduko Perezida Kagame n’itsinda bari kumwe bari gukorera muri Jamaica bari kuhakorera ibikorwa bitandukanye.
Perezida Kagame yasuye ahashyinguwe intwari za Jamaica, National Heroes Park mu murwa mukuru Kingston.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *