skol
fortebet

Meddy yatangaje umukino yari gukina iyo umuziki utamuhira

Yanditswe: Wednesday 17, Oct 2018

Sponsored Ad

skol

Meddy yavuze ko yari gukina umukino w’iterana makofe [Box] ngo kuko yakuze akunda abantu bakina uyu mukino cyane.

Sponsored Ad

Umuhanzi Meddy kuri ubu ufatwa nk’umwe mu bahanzi bakomeye hano mu Rwanda , Mu mpera z’ukwezi gushize yakoreye ibitaramo mu Bwongereza mu Mujyi wa Birmingham na London. Aha yahahuriye n’abakobwa babiri b’abanyarwandakazi bakora ibiganiro biciye kuri Youtube maze baganira ku ngingo zitandukanye zerekeye umuziki n’ubuzima busanzwe.

Meddy yavuze ko inganzo ye ayikomora ku bantu batandukanye, by’umwihariko nyina wakundaga gucuranga indirimbo z’urukundo akiri umwana. Ngo iyo ataza kuba umuhanzi yari gukina box kuko yabikundaga akiri muto.

Yakomeje avuga ko kuririmba yaje kubikundishwa n’umubyeyi we nyuma biza kurangira umuziki umwigaruriye kugera magingo aya , gusa akomeza ahamya ko iyo umuziki utamuhira yari gukina umukino w’itera makofe kuko yawukundaga cyane.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa