Miss Umutesi Lea ari kwitegura kwibaruka nyuma y’ukwezi akoze ubukwe(AMAFOTO)
Yanditswe: Saturday 05, Nov 2022
Nyuma y’ukwezi kumwe Miss Umutesi Lea Byusa akoze ubukwe na Peter Nasasira bakozeibirori bigaragaza ko bari kwitegura kwibaruka bizwi nka’Baby Shower’.
Ni amakuru yamenyekanye hajyaga hanze amashusho ndetse n’amafoto ubona ko aba bombi bishimanye n’inshuti zabo.
Ure bye uko aho bari bari hari hateguye ntago wahita utekereza ngo agiye kwibaruka umwana w’umuhungu cyangwa se umukobwa kuko amabara yose yari ahari gusa amakuru dukura ku Inyarwanda yamenye avuga ko bigegura kwibaruka umwana w’umuhungu akaba ari nawe mfura yabo.
Miss Lea ni umwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2021 bavuzwe cyane kubera ko yashyigikiwe n’ibyamamare bitandukanye birimo n’umuhanzi Alikiba.
Miss Lea ntiyagize amahirwe yo kwegukana ikamba na rimwe muri iri rushanwa ariko muri Kompanyi ya Kigali Protocal yashinzwe icyo gihe akaba ari n’umwe mu bayobozi bayo ndetse akaba akunze no kugaragara mu bikorwa byo kwamamariza ibigo bitandukanye.
Ibitekerezo
Na we se yazize Prince Kid ra? Aba Miss dufite barasekeje gusa. Hazajyeho itegeko ryo gupimaubusugi ushaka kwitabira iryo rushanwa. Naho ubundi,simbizi tu