Imyidagaduro
Byiringiro Lague wa APR FC n’umufasha we bibarutse imfura yabo
Yanditswe: Tuesday 23, Aug 2022
Rutahizamu wa APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi, Byriringiro Lague n’umugore we Uwase Kelia bari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka umwana wabo w’imfura.
Ni ibyishimo byatashye muri uyu muryango kuri uyu wa mbere taliki 22 Kanama 2022 ubwo Imana yabahaga umwana w’umukobwa.
Byiringiro Lague n’umugore we Kellia bibarutse umwana w’imfura nyuma y’umwaka bari bamaze bashyingiranwe mu muhango w’ubukwe wabaye tariki ya 7 Ukuboza 2021 nyuma y’igihe bari bamaranye mu munyenga w’urukundo.
Amakuru ahari yemeza ko kugeza ubu umubyey n’umwana bose bameze neza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *