skol
fortebet

Shaddyboo yifurije isabukuru nziza Meddy Saleh babyaranye mu nvugo yatangariwe na benshi

Yanditswe: Tuesday 06, Dec 2022

featured-image

Sponsored Ad

Umunyamideli Shaddyboo umaze kubaka izina mu Rwanda ndetse no hanze yarwo yifurije isabukuru nziza Meddy Saleh babyaranye abana babiri mu mvugo yatangaje benshi ariko ndetse byishimirwa cyane n’ababakurikira bitewe n’umubano bagaragaje bafitanye.

Sponsored Ad

Ni mu butumwa Shaddyboo yanditse mu masaha make yatambutse ubwo Meddy Saleh wamamaye mu myidagaduro by’umwihariko mu bijyanye no gutunganya amashusho y’indirimboz’abahanzi, yashyize ubutumwa bw’ishimwe ku rukuta rwe rwa Instagram, ashimira Imana ikimuhagaritse akaba ageze ku isabukuru ye y’amavuko ari muzima.

Ati: ”Ni ishimwe rikomeye Mana kumpa amahirwe yo guhumeka buri munsi, none n’undi mwaka kandi ndabigushimira, ubihimbarizwe, isabukuru nziza kuri njye.”

Nta gihe gishize Meddy Saleh ashyize hanze hanze aya magambo, Shaddyboo bafitanye abana babiri b’abakobwa yahise agira ati: ”Isabukuru nziza Kazehe.” Undi nawe mu kumusubiza ati: ”Murakoze Gakecuru.”

Ibi byanyuze ababakurikirana aho uwitwa Ndapla yagize ati: ”Gakecuru na Kazehe ndabakunze muri abasirimu kabisa nta nda y’umujinya pe.”

Uretse Shaddyboo kandi n’inindi byamamare byagiye byohereza Meddy Saleh ubutumwa bumwifuriza isabukuru nziza y’amavuko.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa