skol
fortebet

ShaddyBoo yikomye abamwibasiye kubera amafoto yashyize hanze we n’undi mukobwa bambaye amakariso gusa harimo nayo umwana we yamukoze ku kibuno[AMAFOTO]

Yanditswe: Saturday 12, Jan 2019

Sponsored Ad

skol

Shaddy Boo uuaze kumenyekana cyane kubera gukoresha imbuga nkoranyambaga zitandukanye, yikomye abantu batandukanye bakomeje kumushinja kutiyubaha kubera amafoto aherutse gushyira ku rukuta rwe rwa Instagram yambaye ikariso n’isutiye gusa.

Sponsored Ad

Uyu mukobwa ukurikirwa n’abatari bake kuri Instagram, yavuze ko impamvu yahisemo gushyiraho ariya amafoto ari uko azi neza ko aribyo bakunda ndetse anagaragaza ibimenyetso simusiga by’uko ibyo avuga ari ukuri.

Ku italiki ya 10 Mutarama 2019 nibwo Shaddy Boo yashyize amafoto kuri Instagram yiyambitse imyenda Bambara bari koga (Bikini)bituma benshi mu bamukurikira batangira kwandika ko atiyubaha ndetse ko ibyo yakoze bitamuhesha agaciro nk’umubyeyi ufite abana.

Shaddy Boo mu kubasubiza yifashishije uburyo bwo kureba abantu batwaye ifoto ye ku rubuga rwa Snapchat bakoresheje ibyo bita(Screen Shot) ababwira ko aribyo bakunda.

Hano umwana we yari yamukoze ku kibuno

Yagize ati” Screenshot 167 ku ifoto yange nambaye Bikini none muri kumbwira ngo ntago niyubaha? Mugomba kwemera ko aribyo mukunda kuko iyo nshyizeho ifoto yange nambaye imyenda ya Hijab (Imyenda y’agore mu idini ya Islam) nta numwe ugira icyo avuga.. abantu barasekeje rimwe na rimwe”.

Shaddy Boo ubusanzwe witwa Mbabazi Shadia ni umubyeyi w’abana babiri, ni umwe mu Banyarwandakazi bamaze kumenyekana hirya no hino bikomotse mu buryo bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane cyane Instagram.



Hano ShaddyBoo yagaragazaga ko aya mafoto yakunzwe cyane

Uramutse uhuye na ShaddyBo wamuha izihe mpanuro nk’umubyeyi w’abana 2 b’abakobwa bafite ejo hazaza?Duhe igitekerezo mu mwanya wagenewe ibitekerezo.

Ibitekerezo

  • ntekereza ko abaye yumva ibyo bamubwira ku nkuru zimwandikwaho,kd akagira reaction kuriya ntazindi mpanuro njye mbona akwiye rwose,keretse ajyanywe muri transit centre

    Chaddy Boo ntacyo avuze ubu twese turi Mwiseneza.On est ensemble.

    atayashyizeho se mwakwandika iki?

    Niko Shaddy!! umubyeyi w’umugayo, utagira indangacairo n’imwe y’umubyeyi nyaRwanda. ntewe agahinda n’ejo hazaza h’abana bawe.

    Agomba kumva ko innyo nta buziranenge igira Kandi ko idatuma abantu bakubaha.
    Ikindi namubwira nuko ubwiza bw’ubupfayongo butigeze bugeza nyirabwo ku ntego nyayo.

    Ikindi namubwira ni UKO IHENE BAYIBWIYE KO IFITE URWANWA RWIZA BUKARINDA BWIRA ITARISHIZE KUBERA KWIYUMVA.

    Gusa arahemukira abana be kuko nta rugero rwiza abaha. Nagire ubwenge ashake ibindi akora naho innyo zo zirasaza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa