Imyidagaduro
Umugore wa Meddy yahishuye imbogamizi ziri mu gushakwa n’icyamamare
Yanditswe: Friday 11, Nov 2022
Mimi Mehfira umugore w’umuhanzi Ngabo Medard wamenyekanye nka Meddy yahishuye ingorane ziri mu gushakwa n’icyamamare.
Ibi yabivuze mu kiganiro aherutse kugirana n’abakunzi be ku rukuta rwa Instagram ubwo yari yabahaye umwanya wo kwisanzura bakamubaza ibibazo bashaka ubundi nawe akamusubiza.
Mimi yabajijwe ibibazo byinshi bitandukanye harimo n’uwamubajije ingorane ziri mu gushakwa nicyamamare agira ati"kugira ibanga ubuzima bwa we bwite."
Aha kandi hari n’uwamubajije indirimbo ya The Ben akunda cyane inshuti magara y’umugabo we Mimi avuga ko akunda "Roho Yanjye" akaba ari indirimbo yanabaririmbiye mu bukwe bwa bo.
Ati "buri gihe n’iteka ryose, indirimbo nyayo ni Roho Yanjye!"
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *