skol
fortebet

Umunyarwandakazi Isimbi uherutse kwitaba RIB ntibyamubujije gushyira hanze andi mafoto ye yambaye ubusa[AMAFOTO]

Yanditswe: Thursday 04, Apr 2019

Sponsored Ad

skol

Umunyarwandakazi Isimbi Noeline wiyamamazaga muri Miss Rwanda 2019 nyuma yo kwitaba RIB bidatinze yongeye ashyira hanze andi mafoto yambaye ubusa.

Sponsored Ad

Noeline akimara gusezererwa muri Miss Rwanda 2019 yahise ashyira hanze amafoto yambaye ubusa buriburi abinyujije ku mbugankoranyambaga ze. Ayo mafoto yasakaye ku mbuga nkoranya mbaga cyane, byatumye abantu banenga uburyo uyu mukobwa yitwaye binyuranyije n’umuco nyarwanda. Umuco ubundi uvuga ko umukobwa w’umuco agomba kwambara akikwiza.

Byabaye ngobwa ko uyu mukobwa Isimbi ahamagazwa n’urwego rushinzwe ubushinja cyaha RIB abazwa ibijyanye n’amafoto yifotoye yambaye ubusa akayashyira hanze ku mbuga nkoranyambaga,nubwo yavuye muri RIB ntibyamubujije gushyira hanze andi mafoto ye yambaye ubusa.




Ibitekerezo

  • uyu ntiyuzuye mumutwe ubu nawe arashaka kumenyekana yabonye inzira yu bu miss yaranze

    uyu mwana aho yagiye anyura ashobora kuba yareguriwe sekibi akeneye gusabirwa No kugirwa inama

    ariko mwaza mufashe mukamutwa ra indera buriya sumusazi

    RIB ni ikigo k’igihugu cy’ubugenzacyaha ntabwo gishinzwe ubushinjacyaha! Mukosore mu nkuru yanyu @umuryango.Murakoze

    Uyu afite ikibazo kabisa. Cyakora ubonye inzira yanyuzemo zose, ntabwo umuntu yabura kuvuga ko yahungabanye. Mbese kugirango azavemo umuntu , byagorana. Cyakora numvise ngo ashaka kwiga, wenda uwamufasha muri izo nzozi ze amasomo hari icyo yazamuhinduraho. Akongereza azi kukavuga rwose, wangirango yarangije MAKERERE.

    Ubundi ngo akabaye ickwende ntikoga, niyo koze ntikanoga,niyo kanoze ntigacya ngo niyo gakeye karanuka.

    Hari icyo bita kutiha agaciro no kwigomeka, gusa kwigomeka kuri RIB niba bibaho turakomerewe.

    Babyeyi babyaye amasengesho menshi pe!(délivrance) arakenewe pe!! Niba hari aho yatanzwemo igitambo cg ari uburwayi bwo mu mutwe ndizera ko azakira.

    uyu ni dayimoni yuzuye mbabajwe nabana burungano rwe agiye kwanduza abasenga mumusengere kuko ibyo arimo nawe urabona ko asa nurindagira pe ! amasogisi se yambaye nayiki ? uyu mukobwa yararangije hagowe abagiye kumwigana Imana nitabare .

    ikigoryi gusaaa .

    Akumiro ni agacuma na ho akeso bakoramo.uyu mukobwa akeneye kujyanwa mu kigo ngororamuco na CARAES ndakurahiye!Afite uburwayi bwo mu mutwe.

    Ariko umuntu atanga icyo afite kandi umuntu wivugira ko yakuriye mu muhanda ari inzererezi murashaka ko yera mbuto ki?
    Uburere, kwiyubaha cyangwa se umuco yatojwe na nde? Ashyirwe mu kigo ngororamuco niba atari uguhana uwahanutse cyangwa kurigata icyavutse kiboze!

    Njye mbona RIB itakomeza kureberera gutya kuko ibi birakabije , aho mbereukira niba ntibeshya mubugesera aho bita IGITAGATA habagaho ikigo ngorora mucyo cyabakobwa ni bamujyaneyo so please ntabwo byumvikana kwigomeka kugihugu ukirimo ugitesha agaciro pe , na ba sankara niko batangiye bigira ba kagarara none mwumve ibyo birirwa bavuga . ( IKI GIHUNGU CYARUBATSE MUNGERI ZOSE SO ndabona harabantu bashaka kugisenya leta irebera .
    N.B uriya mukobwa ari gusenya umuco nyarwanda peee ngwarashaka HITS . mu mujyane aho azava afite umuco na kirazira z’umuco nyarwanda .uyu mukobwa arakabije pe

    Arko c muramu shaka ho iki kweri? Nge mbona ntacyo bitwaye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa