Umwe mu basore bagize itsinda rya Sauti Sol yakoze ubukwe mu ibanga
Yanditswe: Tuesday 14, Aug 2018
Polycarp Otieno wo muri Sauti Sol yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye hamwe n’umukunzi we w’umurundi bamaze igihe bakundana.
Polycarp Otieno uzwi nka Fancy Fingers muri muzika muri iki cyumweru yakoze ubukwe n’umukobwa ukomoka mu gihugu cy’uburundi bamaze igihe kingana n’imyaka 7 bakundana.
Lady Mandy umukobwa warongowe n’uyu musore ngo ubusanzwe n’umwe mu bakobwa bakora ibijyanye n’ubunyamideli ndetse no gitera ibirungo abagore hanze y’igihugu aho yakoranye n’ibyamamare bitandukanye birimo Amina Abdi, Kalekye Mumo, Mercy Masika na Janet Mbugua.
Umuhango witabiriwe n’abantu mbarwa barimo inshuti za hafi zuyu musore baririmbana mu itsinda rya Sauti Sol ndetse n’umuryango w’umukobwa ndetse n’umusore .Aho bagaragaye bambaye imyenda ya Gakondo ikoreshwa mu gihugu cy’ Uburundi iyo bagiye gukora ubukwe ndetse n’abakobwa bambaye imyenda ya Gakondo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *