skol
fortebet

Zari yemeje ko gutera akabariro n’umukunzi we mushya biri gutuma abyibuha

Yanditswe: Friday 07, Jun 2019

Sponsored Ad

Icyamamare mu myidagaduro Zari Hussein wiyita Bosslady wamenyekanye ubwo yari umugore wa Diamond Platnumz bakabyarana abana babiri,yatangaje ko ameze neza cyane mu ngeri zose ndetse no ku bijyanye no gutera akabariro.

Sponsored Ad

Zari abinyujije kuri Snapchat yatangaje ko aryohewe no gutera akabariro n’umukunzi we mushya akunda kwita ‘King Bae’ ariko atarerekana isura.

Mu minsi ishize nibwo Zari yerekanye impano y’inzu nziza yahawe n’umukunzi we mushya, nubwo abafana ba Diamond bamwibasiye bavuga ko ari ikinyoma cya semuhanuka.

Zari yashyize kuri SnapChat ye ifoto yambaye nk’uvuye mu myitozo ngororamubiri ayiherekeza amagambo ashimangira ko yishimiye umubyibuho asigaye afite.

Yagize ati “Abana bafite ubuzima bwiza, Ibyokurya byiza,imibonano mpuzabitsina iryoshye, amafaranga kuri banki n’amahoro y’umutima. Ibi byose nibyo biri gutuma mbyibuha.”



Zari yemeje ko aryohewe no gutera akabariro n’umukunzi we mushya

Ibitekerezo

  • Izi ndaya z’abakecuru zizabasaza!!

    Muturinde uburaya kuko burakaza Imana

    Ariko se uyu "azatera akabariro" kugeza ryari?Kuki akoresha ubwiza Imana yamuhaye mu guhinduranya abagabo?Azi neza ko Imana itubuza gusambana.None nibyo ashyira imbere.
    Imana yaduhaye sex kugirango tuyihe umuntu umwe gusa tuzabana binyuze mu mategeko.Millions and millions z’abantu basambana,ntabwo bemera ko ari icyaha kizatuma babura ubuzima bw’iteka muli paradizo dutegereje ivugwa muli 2 Petero 3:13.Ntacyo bimaze kwishimisha akanya gato,hanyuma ukazabura ubuzima bw’iteka muli Paradizo kandi ntuzazuke ku Munsi w’Imperuka.Nukugira ibitekerezo bigufi cyane.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa