Imikino
Abakinnyi 11 Amavubi ashobora gukoresha ahangana na Zimbabwe
Yanditswe: Wednesday 15, Nov 2023
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo 2023,benshi bategereje umukino uhuza u Rwanda na Zimbabwe mu ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.
Uyu mukino uri bubere kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.
Uraba ari umukino wa mbere ku mutoza w’umudage Torsten Frank Spittler wahawe akazi mu Mavubi avuye gutoza mu byiciro byo hasi iwabo.
Nyuma y’imyitozo amaze iminsi akoresha,hanuganuzwe abakinnyi 11 ashobora kuza kubanzamo uyu munsi.
11 ashobora kubanzamo
Umunyezamu: Ntwari Fiacre
Ba myugariro: Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry na Mutsinzi Ange Jimmy
Abakina hagati: Mugisha Bonheur, Bizimana Djihad na Hakim Sahabo
Ba rutahizamu: Mugisha Gilbert, Byiringiro Lague na Nshuti Innocent
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *