Bugesera FC yemerewe kwakirira imikino ku kibuga cyayo I Nyamata
Yanditswe: Monday 16, Oct 2017
Ikipe ya Bugesera FC yari yarahagaritswe kwakirira imikino ku kibuga cyayo I Nyamata yamaze kwemererwa na FERWAFA kongera kuhakirira imikino aho izatangira kuhakinira mu mukino wa shampiyona yok u munsi wa 3 ubwo izaba yahuye na Rayon Sports.
Iyi kipe yatangiye nabi shampiyona, cyane ko mu mikino 2 imaze gukinwa yose yayitsinzwe,kuri ubu igiye kongera kwakirira ku mbehe yabo hagorana kuhakura amanota cyane ko menshi mu makipe akomeye hano mu Rwanda yahatsindiwe muri shampiyona ishize. (...)
Ikipe ya Bugesera FC yari yarahagaritswe kwakirira imikino ku kibuga cyayo I Nyamata yamaze kwemererwa na FERWAFA kongera kuhakirira imikino aho izatangira kuhakinira mu mukino wa shampiyona yok u munsi wa 3 ubwo izaba yahuye na Rayon Sports.
Iyi kipe yatangiye nabi shampiyona, cyane ko mu mikino 2 imaze gukinwa yose yayitsinzwe,kuri ubu igiye kongera kwakirira ku mbehe yabo hagorana kuhakura amanota cyane ko menshi mu makipe akomeye hano mu Rwanda yahatsindiwe muri shampiyona ishize.
Ibaruwa FERWAFA yandikiye Bugesera
Kubera ko imirimo yo kubaka iyi stade yahagaze, ikipe ya Bugesera yasabye FERWAFA ko yabemerera kongera kuhakirira imikino none kuri uyu wa mbere Taliki ya 16 Ukwakira yabandikiye ibaruwa ibemerera kongera kwakirira imikino yabo i Nyamata, uhereye kuwo bafitanye na Rayon Sports ku munsi wa gatatu wa shampiyona.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *