Kizigenza wa Rayon Sports,Luvumbu Heritier,yari yateye benshi mu bafana b’iyi kipe ubwoba ko atazakina umukino w’ishyiraniro bazahuramo na APR FC ku cyumweru.
Icyakora,ubuyobozi bwa Rayon Sports bwemeje ko uyu munyekongo w’umuhanga afite amakarita abiri bityo yemerewe gukina uwo mukino,nkuko byatangajwe na Team Manager, Mujyanama.
Mu bitabo bya FERWAFA handitsemo ko Luvumbu afite amakarita 2 y’umuhondo bityo azaba ahari 100% ku mukino wa APR FC.
Ku rundi ruhande,biravugwa ko Joachiam Ojera nawe aragera mu Rwanda kugira ngo yitegure uyu mukino.
Ku ruhande rwa APR FC,Shaiboub nawe aratangira imyitozo kugira ngo azakine uyu mukino w’ishyiraniro.
Kugeza ubu,APR FC irarusha amanota 5 Rayon Sports ndetse bananganya imikino bamaze gukina.
APR FC izakina uyu mukino ishaka kubuza Rayon Sports kuyitsinda inshuro 4 zikurikiranya mu marushanwa yose.
Ibitekerezo
ariko bajya barashakira amanota hose bakareka gukanirana