skol
fortebet

Ifoto ya Karekezi asomana n’umugore we mu buryo budasanzwe ubwo yishimiraga igitego yaciye ibintu- yirebe

Yanditswe: Monday 30, Oct 2017

Sponsored Ad

Karekezi Olivier yagaragaye ku mukino wa Rayon Sports na Kirehe FC yishimana byimbitse n’umufasha we Niwin Sorlu,nyuma yo guhagarikwa kubera kutumvikana n’umutoza wa Bugesera mu mukino uheruka.

Sponsored Ad

Ku wa Gatandatu taliki ya 28 Ukwakira 2017, nibwo ikipe ya Rayon Sports yatsinze Kirehe FC ibitego 3-0, umukino watojwe n’umutoza wungirije Ndikumana Hamad Katauti kubera ko umutoza mukuru Karekezi Olivier yari yahagaritswe ndetse yagaragaye yishimana bidasanzwe n’umufasha we Niwin sorlu.

Ubwo iyi kipe yanyagiraga Kirehe FC,umutoza Karekezi Olivier yagaragaye asomana byimbitse n’umufasha we ndetse ifoto yabo bombi ikomeje guca ibintu mu bakunzi ba ruhago hano mu Rwanda ndetse ikomeje gukwira hose.

Niwin Sorlu asigaye ari umufana ukomeye wa Rayon Sports

Karekezi Olivier yahagaritswe gutoza umukino w’umunsi wa 4 wa shampiyona y’u Rwanda AZAM Rwanda Premier nyuma yo gushwana n’umutoza wa Bugesera FC Bizimungu Ally ku mukino w’umunsi wa 3 warangiye ku ntsinzi ya Bugesera FC ku gitego 1-0.

Ibitekerezo

  • Gusoma umugore wawe,kimwe no gukundana mu buriri n’uwo mwashakanye binyuze mu mategeko,ni ibintu imana yadutegetse (Imigani 5:15-20).Ikibazo nuko millions nyinshi z’abantu batuye isi,bakoresha iminwa na sex byabo mu busambanyi kandi imana yarabitubujije.Niyo mpamvu batazaba muli Paradizo yenda kuza (1 Corinthians 6:9,10).
    Muli rusange,abantu bose bibera mu byisi gusa,ntibakore ibyo imana idusaba,bazicwa bose ku munsi w’imperuka ku buryo intumbi zabo zizaba zuzuye ku isi hose.Bisome muli Yeremiya 25:33.Abapfuye bakora ibyo imana itubuza,ntabwo bazazuka.Ariko abantu bose bapfuye barakoraga ibyo imana idusaba,bazazuka ku munsi w’imperuka,imana ibahe ubuzima bw’iteka muli paradizo (Yohana 6:40).Niba Karekezi n’umugore we batibera mu by’umupira gusa,ahubwo bagashaka n’imana,bazaba muli Paradizo.

    Ahubwo. ubutaha ajye amujyana no ku ntebe y’abatoza nta wasi. bakomeze biryohereze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa