skol
fortebet

Inyeshyamba za ELN zemeye kurekura se w’umukinnyi Luis Diaz

Yanditswe: Saturday 04, Nov 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umutwe w’iterabwoba wo muri Colombia Ejercito de Liberacion Nacional (ELN) wemeje ko papa wa Luis Diaz agiye kurekurwa vuba.

Sponsored Ad

Ku wa gatandatu ushize, Luis Manuel Díaz Jimenez w’imyaka 58 yafashwe bugwate n’abitwaje imbunda ari kumwe n’umugore we,mu mujyi wabo wa Barrancas i La Guajira, muri Colombia.

Bije nyuma y’uko itsinda ry’inyeshyamba rya ELN ryamenyekanye ku wa kane ko ariryo tsinda ryashimuse ababyeyi b’uyu mukinnyi w’ikipe ya Liverpool.

Nyuma y’aho inyeshyamba zemeye ko arizo zifite Bwana Diaz,wahaye umuryango we urumuri rw’icyizere, basezeranya kurekura Luis Manuel mu "masaha" make.

Uhagarariye ELN, Juan Carlos Cuellar yagize ati: "Tugomba kumenya neza niba ibyavuzwe mu makuru ari ukuri kandi ELN igiye kurekura se wa Bwana Diaz vuba bishoboka."

Uyu mutwe w’iterabwoba wagaragaje ko watangiye inzira yo kurekura Luis Manuel.

Wagize ute ".....nyuma yo gutangazwa no kugenzurwa ko ari umupadiri wa Lucho Diaz,[ELN] irangajwe n’irekurwa rye kuko ari umwe mu bagize umuryango w’umukinnyi ukomeye dukunda twese nkAbanyakolombiya."

Bivugwa ko Luis Manuel na nyina wa Diaz, Cilenis Marulanda, bari kuri sitasiyo ya peteroli i Barrancas ubwo bashimutwaga n’abantu babiri bitwaje imbunda.

Polisi yahise itangira gushakisha byimazeyo aba bashakanye babuze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa