Ikipe yo muri Saudi Arabia yakubiye Lionel Messi umushahara inshuro icumi ngo ayerekezemo
Yanditswe: Wednesday 05, Apr 2023
Nyuma y’uko Al Nassr imanuye Cristiano Ronaldo akava Iburayi akisanga akina muri Saudi Pro League.
Al Hilal (mukeba wa Al Nassr) yabwiye Messi ko hari umushahara wa miliyoni 400€ ku mwaka.
Ubundi PSG yamuhembaga Miliyoni 30 z’amayero, ubwo baramukubira inshuro zirenga 10 bamuhe izindi miliyoni 100 zo kumuzana.
Bivugwa ko Al Hilal yashyikirije Messi n’itsinda rye ry’abamuhagarariye aka kayabo kugira ngo yerekeze muri Saudi Arabia.
Nk’uko Fabrizio Romano abitangaza, ngo amasezerano yemeza ko (...)
Nyuma y’uko Al Nassr imanuye Cristiano Ronaldo akava Iburayi akisanga akina muri Saudi Pro League.
Al Hilal (mukeba wa Al Nassr) yabwiye Messi ko hari umushahara wa miliyoni 400€ ku mwaka.
Ubundi PSG yamuhembaga Miliyoni 30 z’amayero, ubwo baramukubira inshuro zirenga 10 bamuhe izindi miliyoni 100 zo kumuzana.
Bivugwa ko Al Hilal yashyikirije Messi n’itsinda rye ry’abamuhagarariye aka kayabo kugira ngo yerekeze muri Saudi Arabia.
Nk’uko Fabrizio Romano abitangaza, ngo amasezerano yemeza ko Messi yafata umushahara wa buri mwaka ukubye kabiri uwo Cristiano Ronaldo ahembwa na Al-Nassr.
Icyakora ngo Messi arifuza kuguma i Burayi no gukomeza guhatana aho amakipe arimo FC Barcelona yahozemo amwifuza.
Messi agiye gutandukana na PSG nkuko l’Equipe yabitangaje nyuma yo kudahuza mu birimo ahazaza h’ikipe no kumusaba kugabanya umushahara.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *