Imikino
Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Gianni Infantino uyobora FIFA [AMAFOTO]
Yanditswe: Thursday 25, Oct 2018
Kuri uyu wa Kane Taliki ya 25Ukwakira 2018,perezida Paul Kagame yakiriye Gianni Infantino uri mu Rwanda mu nama ya FIFA igiye kubera mu Rwanda ku nshuro yayo ya 8.
Infantino wageze mu Rwanda ku munsi w’ejo,yasuye perezida Kagame mu biro bye cyane ko nawe mu mezi ashize yamusuye mu Busuwisi.
Infantino niwe uzatangiza ku mugaragaro iyi nama yitabiriwe n’abanyamamuryango bose ba FIFA,Izatangira kuwa Gatanu Taliki ya 26 Ukwakira 2018 muri Kigali Convention Center.
Iyi nama ya FIFA izitabirwa n’abanyamuryango ba FIFA basaga 100 bazaganira ku iterambere rya ruhago ku isi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *