Pyramids FC yakoze igikorwa gikanganye mbere yo guhura na APR FC
Yanditswe: Friday 25, Aug 2023
Ikipe ya Pyramids FC izahura na APR FC yagiye Istanbul muri Turkia kwitegura Umwaka mushya w’imikino iwabo mu Misiri no kwitegura CAF Champions League umukino izahuramo na APR FC Kuwa 15 Nzeri 2023.
Umutoza Jaime Moreira Pacheco yatwaye abakinnyi 24 mu mwiherero biganjemo ab’amazina akomeye nka Ramadhan Sobhi n’abandi.
Iyi kipe ikanganye cyane muri Afurika,iri mu yahemba akayabo abakinnyi ndetse yageze kure mu marushanwa nyafurika mu myaka ishize.
Umutoza wa APR FC,Thierry Froger,yavuze ko Pyramids ari ukuzima ndetse ko bazatanga ibyo bafite byose ngo bayisezerere.
Uyu mutoza yabitangaje nyuma yo gusezerera ikipe ya Gaadiidka FC iyitsinze ibitego 3-1 mu mikino yombi yose yabereye i Kigali.
Ibitekerezo
None ibyo yakoze bikanganye nibihe. Ko atabyo utubwiye.