Reba ubwiza bwa Hoteli ikipe ya APR FC icumbikamo mu Misiri [AMAFOTO]
Yanditswe: Tuesday 26, Sep 2023
Kuri uyu wa Kabiri Saa 16:45, nibwo APR FC ihaguruka I Kigali yerekeza i Cairo mu Misiri, gukina umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League izahuramo na Pyramids FC.
Iyi kipe iracumbika muri The Guard Hotel Cairo, yo mu Misiri,nkuko amakuru abitangaza.
Amafoto yagiye hanze, agaragaza ubwiza iyi hotel ifite.
Iyi kipe irahagarara gato i Addis Ababa ( Ethiopia) hanyuma saa 19h30 basubukure urugendo rujya i Cairo ( Misiri) saa 22h02 hanyuma baze kugereyo saa munani na 20 zo mu rukerera.
APR FC yanganyije ubusa ku busa na Pyramids FC mu mukino ubanza wabereye i Kigali.
APR FC yatwaye abakinnyi bayo bose barimo n’abagiriye ikibazo ku mukino wa Marines FC barimo Nshimirimana Ismael uzwi nka Pitchou na Mugisha Gilbert.
APR FC irasabwa gutsinda cyangwa kunganya ibitego kugira ngo ibashe kugera mu matsinda ya CAF Champions League bwa mbere mu mateka yayo.
Itsinda ry’abantu 58 barimo abakinnyi, abatoza, abayobozi n’abafana ba APR FC nibo berekeza i Cairo mu Misiri aho kuwa 5 hazaba umukino wo kwishyura wa CAF Champions League na Pyramids.
Abakinnyi 26 APR FC ihagurukana
Abanyezamu: Pavelh Ndzila, Ishimwe Pierre na Mutabaruka Alexandre
Ba Myugariro: Omborenga Fitina, Ndayishimiye Dieudonne, Niyomugabo Claude, Ishimwe Cristian, Niyigena Clement, Buregeya Prince, Nshimiyimana Yunusu na Salomon Charles Bienvenue Banga Bindjeme
Abakina Hagati: Rwabuhihi Aime Placide, Ruboneka Bosco, Taddeo Lwanga, Nshimirimana Ismail Pitchou, Sharif Eldin Ali Shaiboub, Apam Asongue, Ndikumana Danny, Niyibizi Ramadhan, Kwitonda Alain Bacca na Niyonshuti Hakim Mubarakh
Ba Rutahizamu: Mugisha Gilbert, Nshuti Innocent, Bizimana Yannick na Victor Mbaoma.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *