Yasambanyije umwana abereye nyirarume arapfa ahisha umurambo muri firigo
Yanditswe: Thursday 18, Jan 2018
Umugabo witwa Mujahid Arshid w’imyaka 33 ukomoka mu Bwongereza, arashinjwa gufata ku ngufu umwana w’umukobwa witwa Celine Dookhran abereye nyirarume yarangiza akamwica ubwo yari yamushimuse afatanyije n’umukozi we.
Celine wishwe na nyirarume
Nkuko amakuru dukesha ikinyamakuru The Sun abitangaza,uyu mugabo akimara gushimuta uyu mukobwa w’imyaka 20,yamufashe ku ngufu yica uyu mwana w’umukobwa amuhisha muri firigo gusa umurambo we uza kurangwa n’indi nshuti ye bari kumwe ubwo aba bagabo 2 (...)
Umugabo witwa Mujahid Arshid w’imyaka 33 ukomoka mu Bwongereza, arashinjwa gufata ku ngufu umwana w’umukobwa witwa Celine Dookhran abereye nyirarume yarangiza akamwica ubwo yari yamushimuse afatanyije n’umukozi we.
Celine wishwe na nyirarume
Nkuko amakuru dukesha ikinyamakuru The Sun abitangaza,uyu mugabo akimara gushimuta uyu mukobwa w’imyaka 20,yamufashe ku ngufu yica uyu mwana w’umukobwa amuhisha muri firigo gusa umurambo we uza kurangwa n’indi nshuti ye bari kumwe ubwo aba bagabo 2 babashimutaga we akabasha kurokoka.
Ubwo uyu mugabo yagezwaga imbere y’urukiko,umushinjacyaha yavuze ko uyu mugabo yishe uyu mukobwa kubera umujinya yatewe n’uko yari atangiye gukundana n’umusilamu ukomoka mu gihugu cya Libya.
Aba bagabo bagerageje guhisha umurambo w’uyu mukobwa ariko amaherezo uraboneka none bagejejwe imbere y’ubutabera nubwo ibyaha baregwa batabyemera
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *