skol
fortebet

Bruce Melodie yahishuye impamvu atakwamamaza indirimbo nshya ya The Ben

Yanditswe: Sunday 17, Dec 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umuhanzi Bruce Melodie uri muri Leta zunze ubumwe z’Amerika mu bitaramo no kwamamaza ‘When She’s Around’, yakoranye na Shaggy,yavuze ko atakwamamaza indirimbo ya The Ben kuko ngo nawe atamamaza indirimbo ze.

Sponsored Ad

Uwitwa Semitego Muzafaru uzwi nka ddumba.a yakoze ikiganiro kigufi kuri Instagram, atumiramo Bruce Melodie.

Mu bibazo yamubajije, harimo n’impamvu atashyize indirimbo ya The Ben ku mbuga nkoranyambaga ze kandi abandi bahanzi babikoze.

Mu gusubiza, Bruce Melodie yavuze ko atari akazi ke kwamamaza indirimbo z’abahanzi bagenzi be.

Ati “Ni nde wababwiye ko namamaza indirimbo? None se we ajya anshyira ku mbuga ze (posting)? Iyi ndirimbo ni nziza ariko ntabwo ndi buyisangize abankurikira.”

Bruce Melodie yakomeje avuga ko nta mwanya afite wo kumenyekanisha indirimbo ya The Ben.

Ati “Uwo muco ntawo dufitanye twembi. The Ben yasohoye indirimbo nziza cyane ariko muri gahunda yo kwamamaza mfite ibintu byinshi, ku buryo iyo nta yirimo. Na we ayiyamamarize nkuko nanjye ndwana n’izanjye. Na we ntajya yamamaza izanjye.”

The Ben yaraye ashyize hanze indirimbo yitwa ’Ni Forever’yakoreye umugore we Uwicyeza Pamella baheruka gukora ubukwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa