skol
fortebet

Dore imiti ibiri ivura ISE igakira burundu

Yanditswe: Sunday 31, Dec 2023

featured-image

Sponsored Ad

Ise nimwe mundwara z’uruhu abantu benshi batinya cyane, ariko abahanga mubuvuzima bavuga ko ise atari indwara ihangayikishije ubuzima cyane. ariko ibyo ntibibuza abantu guhungabanywa nayo kuko yonona isura y’umuntu n’umubiri wose muri rusange.

Sponsored Ad

Ise ikunda gufata ibi bice by’umubiri bikurikira:

. Mu isura
. kuruhu rw’umutwe
. No mu nzara z’intoki

Ise kandi ishobora kuvurirwa mu rugo ubyikoreye wowe ubwawe. ntibigoye ushobora gukoresha bumwe muburyo bukurikira.

. IGIKAKARUBAMBA
. VINEGIRE (VINEGAR)

Nkuko tubikesha urubuga rwa thefitindian.com, umwanditsi wa mubuzima.com yasanze ngo burya wakivura ise utiriwe ujya kwa muganga.

ESE IGIKAKARUBAMBA GIKORESHWA GITE?

uyu muti bimaze kumenyerwa ko uzobereye mu kuvura indwara z’uruhu. biroroshye cyane rero, ukamura amazi ava mugikakarubamba maze ukayasiga aho Ise iri, ukareka bikararaho, ugakaraba bucyeye.
ukomeza gukoresha ubu buryo iyo aribwo wahisemo kugeza ukize.

VINEGIRE (VINEGAR) YO SE IKORESHWA ITE?

Vinegire nayo igaragaza ubukombe mu kuvura indwara zigiye zitandukana, aha twavuga nka; umuvuduko ukabije w’amaraso, ndetse n’ibindi bibazo bijyanye n’indwaera z’uruhu muri rusange. kimwe n’amazi y’igikakarubamba rero, nayo uyisiga neza aho Ise iri. abaganga basaba ko wajya nibura ubikora incuro 3-5 mu minsi 3 y’icyumweru. ibi ngo iyo ubikoze utya byagaragaye ko Ise ikira kandi burundu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa